
Emmysnop
@snopemmy • 10,371 subscribers
God is Good
Videos
2:06
Sensitive content
This media may contain sensitive content.

Amazina ye nyakuri ni Habiyaremye Bernard, gusa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uyu mugabo yiswe Kimashini kubera imbaraga n’umuvuduko yakoresheje mu kwica Abatutsi bo mu gace yari atuyemo, mu Murenge wa Murundi, mu Karere ka Karongi. Ibi byagarutsweho na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, ubwo yari mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Kibuye. Ati "Umwihariko mubi uharanga, Umurenge wa Murundi, Akagari ka Nyamushishi, ni ho hari umwicanyi dusanga ari we wishe abantu benshi mu Rwanda wenyine. Mu manza Gacaca twasesenguye, Habiyaremye Bernard yishe abantu barenga 300 bazwi amazina, na we ubwe hari abo yibuka, bari baramuhimbye izina rya Kimashini." Uyu mugabo asobanura uko yatangiye kwica abari abaturanyi be, abo basangiraga n’abandi yari azi. Ati "Njyewe uko nabyisanzemo, abo twari duturanye bwa mbere, twarahuye, ati ’umukobwa wanjye bamwishe, none nanjye mbuze umuntu wanyica,’ ni uko nabitangiye. Yitwa Tharcisse Nzabahimana yari atuye hano, naramwishe... narabikomeje kuko naravuze ngo nanjye birankurikirana." Uyu mugabo yaje kuburana abantu abirega, nk’uko abivuga, arahanwa, aza kugeza ubwo arangiza igihano, arataha. #kwibuka32 #twibuketwiyubaka
Emmysnop17,562 次观看 • 1 个月前
没有更多内容可加载
