ๆญฃๅœจๅŠ ่ฝฝ่ง†้ข‘...

่ง†้ข‘ๅŠ ่ฝฝๅคฑ่ดฅ

๐”๐›๐ฎ ๐ญ๐ฐ๐š๐ซ๐š๐ญ๐š๐ฌ๐ก๐ฒ๐ž, ๐ง๐ญ๐š๐›๐ฐ๐จ ๐ญ๐ฎ๐ ๐ข๐ค๐ž๐ง๐ž๐ฒ๐ž ๐ ๐ฎ๐ฌ๐ก๐ฒ๐ข๐ซ๐š๐ฆ๐จ ๐ข๐ค๐ข๐ ๐š๐ง๐๐ž, ๐ข๐ค๐ข๐ซ๐ฎ๐ง๐๐ข ๐œ๐  ๐ฌ๐ž ๐š๐ฆ๐š๐ง๐ ๐š๐ฅ๐š (๐‹๐ข๐ง๐ ๐š๐ฅ๐š). "Twageze n'aho, mu mateka yacu y'u Rwanda, kubera n'abari hanze bahunze, bageragezaga kugobeka ururimi kugira ngo bagaragare nk'abenegihugu b'icyo gihugu bahungiyemo. Ibyo rero nabyo byatugizeho ingaruka niyo mpamvu usanga abantu bibagirwa ko batashye! Ubu twaratashye, ntabwo tugikeneye gushyiramo...

15,579 ๆฌก่ง‚็œ‹ โ€ข 6 ไธชๆœˆๅ‰ โ€ขvia X (Twitter)

0 ๆก่ฏ„่ฎบ

ๆš‚ๆ— ่ฏ„่ฎบ

ๅŽŸๅง‹ๅธ–ๅญ็š„่ฏ„่ฎบๅฐ†ๆ˜พ็คบๅœจ่ฟ™้‡Œ

็›ธๅ…ณ่ง†้ข‘

YAREZE ABANTU BARENGA 5 MURI RIB!!! ==== Ikibazo cya Dj Sonia uvuga ko amaze imyaka itatu asaba ubutabera ariko ntabuhabwe, giteye gite? โฌ‡๏ธ Kuva mu mpera zโ€™icyumweru gishize, DJ Sonia ni umwe mu bakomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga, aho bivugwa ko yasambaniye mu musarani wo mu kabari yariho avangiramo imiziki, ibintu yamaganye yivuye inyuma. Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakazwa amakuru yโ€™uko mu mpera zโ€™icyumweru gishize, uyu muhanga mu kuvanga imiziki yasambaniye mu bwiherero bwโ€™akabari gaherereye mu Karere ka Kicukiro. Mu majwi yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, byavugwaga ko DJ Sonia yasambanye nโ€™umwe mu bagabo bโ€™abakire wategetse umwe mu bashinzwe umutekano (bouncer) we kurinda ubwiherero bwโ€™abakobwa, aba bombi ngo biheragamo akabyizi mu gihe kingana nโ€™iminota irenga 40. Aya majwi yavugaga ko muri icyo gihe nta mukobwa wari wemerewe gukoresha ubwo bwiherero bwarimo uwo mugabo na DJ Sonia. BIRAHAGIJE - Sonia nyuma yo kuburirwa -------------------------------------------- Nyuma yโ€™ibyavugwaga byose, DJ Sonia yasangije abamukurikira amajwi yโ€™umusore umuburira kwirinda abantu bashobora kuzamugirira nabi amubwira ko hari abantu biteguye kubikora. Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, DJ Sonia wari wababajwe bikomeye nโ€™ibyamuvuzweho yagize ati "Yoo! Mbese ibintu bigeze kuri uru rwego koko? Biratangaje! Kumparabika ntibyabahagije, none murashaka no kungirira nabi? Mwamaze igihe kinini munsebya no kwangiza izina ryanjye, nkabirebera nkicecekera kuko numvaga bidakwiye kuntesha umwanya. Ariko ibyo murimo gukora ubu, ntabwo nzabirebera. Birahagije rwose!" Amaze igihe asaba ubutabera ndetse yareze abantu barenga 5 muri RIB ------------------------------------ Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, DJ Sonia yatangaje ko ikibazo cyo gusebwa no guharabikwa atari icy'ubu. Avuga ko kimaze imyaka ine, kandi ko muri icyo gihe yakomeje kwitabaza inzego z'ubutabera. Africans& Diaspora Yasobanuye ko kuva mu 2023 kugeza uyu mwaka wa 2026 yatanze ibirego bitandukanye muri RIB, ariko kugeza ubu ngo nta gisubizo afata nk'igihagije yigeze abona. Yagize ati: "Ibintu byose bagiye bamvugaho narabitangaga muri RIB. Nabonye ko bimaze gukomera, ni bwo natangiye no kubivuga ku mugaragaro kugira ngo abantu bamenye ibyo ndi kunyuramo." Akomeza avuga ko bamwe mu bantu bakekwaho kumusebya yabashyikirije RIB, ariko akavuga ko kugeza ubu atarabona ko bakurikiranwa nk'uko abyifuza. Ati: "Hari abo najyanye muri RIB, ariko sinigeze mbona bakurikiranwa. Ubu ndasaba ko ibyo birego byakurikiranwa kuko ibintu bimaze gufata indi ntera, kugeza aho banshyiraho n'ibikangisho." DJ Sonia avuga ko abantu bakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa barenga batanu. Yagize ati: "Kuva muri 2023, 2024, 2025, na 2026, ntabwo abantu bari babizi ariko narabikoraga nagiye muri RIB, natanze ibirego bigera kuri bitatu, niyo mpamvu aha ngaha mvuze ngo ndambiwe gukomeza kubikora mu bwiru, niyo mpamvu mvuze ngo reka nze mbishyire ahagaragara mubibone mwumve ko hari ikintu nakoraga, n'ubwo nta kintu cyavuyemo. Ariko abantu ni benshi, ni abantu barenga batanu (5)." Ibi bihanwa n'amategeko y'u Rwanda? ----------------------------------------- Itegeko nยบ 60/2018 ryo gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga riteganya ibihano ku muntu uhoza undi ku nkeke cyangwa akamukurikirana akoresheje ikoranabuhanga (Cyber-stalking). Iyo icyo cyaha gihamye, uwagikoze ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y'amezi atandatu n'imyaka ibiri, ndetse agacibwa n'ihazabu iri hagati ya miliyoni imwe na miliyoni ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda. Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) na rwo rwagiye rugaragaza ko gukoresha imbuga nkoranyambaga mu gusebya abandi cyangwa gukwirakwiza amakuru atizewe hagamijwe gushaka ababakurikira (followers) cyangwa ubwamamare (views), bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw'ababikorerwa kandi bigahanwa n'amategeko. Wowe #UbyumvaUte

HAKUZWUMUREMYI Joseph

49,559 ๆฌก่ง‚็œ‹ โ€ข 21 ๅคฉๅ‰