
NIWEMWIZA Anne Marie
@Annemwiza • 316,063 subscribers
Dedicated Journalist | Committed to Accountability, Fairness, and Professionalism with Integrity | Social Media Specialist | IVLP Alumni |📍My tweets are my own
Shorts
Videos

Nuko abyara 2, yishyura amashuli, agura imyenda ya defense na graduation kd ntiyatumirwa,..... ariko ntiyacika itege. Abandi uyu mutima bawukura he???🙉 Nuko ati namuhaye ikiruta umutima... bambiii🤣🤣🤣 None se icyo cyo ko atacyishyuza? Yapfushije rukara??? Ubwo se mama Kolode we yamuhaga iki? Cg ndebe ibindeba?? Uyu anyibukije umwe wareze nyakubahwa..., harya ngo byagenze bite? Ndanabyibagiwe ni yo yayo dore gusaza ni ugusahurwa😎. Mwirirweho reka njye kuvomerera iyi miteja ndabona impeshyi imenetse kare🙇♀️
NIWEMWIZA Anne Marie26,698 次观看 • 5 天前
0:42
Sensitive content
This media may contain sensitive content.

Nkurikije iki kibazo cy'uyu mubyeyi, n'igisubizo Minister atanze, nimuze twegure amasuka mwa bantu mwe. Ubu umwe mu murimo yazana ibisubizo ku kibazo cy'ibiciro ku isoko, ni ubuhinzi. Gusa mfite ikibazo: dear Ministry of Agriculture & Animal Resources |Rwanda , Ministry of Local Government | Rwanda & Min of Trade |Rwanda , ntimwafatanta gushyiraho uburyo bunoze kd butomoye, bufasha umuhinzi kudacika intege no gutezwa imbere n'ibyo akora kd bikaba mu buryo burambye? Kuba umusaruro hari igihe upfa ubusa, ubundi ukabura, ...hari igikwiye gukorwa hakaboneka balance. Aha hakenewe uburyo bunoze bwo kongerera agaciro umusaruro w'ubuhinzi, kunoza ibijyanye no guhunika, guhangana b'abamamyi,.... Murakoze
NIWEMWIZA Anne Marie56,706 次观看 • 4 个月前

Dear Sandrine ISHEJA akiira indabo zawe kabisa. The intro was jyasiti amezingi kd byose wabikoze neza cyane 😍😍. Wakoze kuhacana umucyo, kuduhagararira neza no kuvuga mu izina rya benshi niba atari twese.🤝 Wa mugani abavuye hariya tukagera aha, dukomeje ubufatanye ni he tutagera koko? Komeza utsinde, igisagara kirakunezerewe pe🫶
NIWEMWIZA Anne Marie55,625 次观看 • 4 个月前

Nyakubahwa Minister, umubyeyi mu bana aca urubanza araramye. Ntarema urwango cg ngo ateranye abo ashinzwe kureberera. Ntatererana ugeze ahabi cg uguye mu makoza, ahubwo amukebuza ubugwaneza, agahora aharanira ko ubumwe n'urukundo biganza mu bo areberera. Iyo bitabaye ibyo, umwe yataka ntiyumvwe, yatabaza akimwa amatwi, umuryango ucikamo ibice, abatoneshwa n'abatereranwa bagahora bahanganye kd ibi ntibikunda kurangira neza. None rero mubyeyi, inzego z'iperereza nizikore akazi kazo, ariko namwe nk'abashinzwe aba bajeunes muhaguruke mukemure ikibazo gihari, kd mubikore kibyeyi ntawe uhutajwe. Si non, uhinga ataba urwiri aho kururandura, biratinda rukamera kuruta imyaka ndetse yareba nabi akanarumbya. Mugire umunsi mwiza
NIWEMWIZA Anne Marie162,747 次观看 • 1 年前

HE ati project y'umuvumba yagombaga gukira irrigation ikanatanga amazi ku baturage. None byagenze bite ngo abaturage ntibabone amazi? Mayor Rubingisa ati twarabyibagiwe. None jye ndibaza: koko mayor yarabyibagiwe, uwagombaga kugena ingengo y'imari arabyibagirwa, uwagombaga gutanga amazi arabyibagirwa, uwahawe isoko ryo gukora umushinga arabyibagirwa? Uku kwibagirwa ntigusanzwe mpamo ya Mungu Ariko rwose uyu mwiherero nako iyi nama ni sawa pe
NIWEMWIZA Anne Marie26,219 次观看 • 2 个月前