
HAKUZWUMUREMYI Joseph
@HAKUZWUMUREMYI • 25,803 subscribers
[email protected] & Umuryango TV youtube channel!
Shorts
Videos

Umukinnyi wa filime, Inkindi Aisha, agaruka ku ngaruka yahuye na zo nyuma yo kwita abagabo "Amagweja."
HAKUZWUMUREMYI Joseph34,394 просмотров • 3 дней назад

"Urumogi murarwumva? Uwababwiye ko rwamukijije cyangwa rwakijije umuryango we cyangwa rwakijije igihugu ni inde? Ndabatumye muzanshakire nibura umuntu umwe, umwe gusa sinshaka babiri, ushobora gutanga ubuhamya akavuga ko byamukijije." Perezida Kagame yahaye umukoro urubyiruko.
HAKUZWUMUREMYI Joseph44,366 просмотров • 9 дней назад

Mwiriwe ariko? Nyamara aba bakozi b'Imana bafite ingingo 😃
HAKUZWUMUREMYI Joseph31,444 просмотров • 10 дней назад

IGIHE CYAWE IYO CYAGEZE KIBA CYAGEZE 😊👏🏾 Kagarara umaze kumenyekana nka Ashton Small yahawe igihembo cya miliyoni 5 Frw, mu bihembo bya Youth Connect bitangwa hagamijwe guteza imbere imishinga y'urubyiruko, aho yegukanye igihembo mu cyiciro cy'abafite ubumuga.
HAKUZWUMUREMYI Joseph65,578 просмотров • 22 дней назад

Amasahane ya miliyari 1,5 Frw n’imodoka y’umujyi wa Kigali mu byanditse amateka muri PAC..... Icyumba cyakoreyemo Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’Umutungo, PAC kuva ku wa 25 Kamena kugeza ku wa 11 Nyakanga, umuyobozi wakigezemo yasohokaga yiruhutsa, asaba Imana ngo ntazongere guhamagarwa. Gusa bimwe mu byabugishije benshi harimo amasahane n’ibikoresho byo mu gikoni bya miliyari 1,5 Frw byaguzwe na RSSB ubu bikaba bikodesherezwa inzu ya miliyoni 1,8 Frw buri kwezi. Hari benshi bamaze amasaha babazwa ibikorwa bakoze bakabanza kwihagararaho ariko nyuma y’iminota bakaza kwemera amakosa ndetse byinshi bikitirirwa uburangare. SRC: IGIHE
HAKUZWUMUREMYI Joseph47,302 просмотров • 18 дней назад

"Niba twarasezeranye ivangamutungo risesuye cyangwa tugasezerana ivangamutungo muhahano, uwo mutungo duhuriyeho tugomba kuwugabana ku buryo bungana. Iryo ni ihame rizwi. Kuki ibyo bibasaba kujya imbere y'umucamanza no kumutesha igihe ? Kuki ibyo bibasaba kujya kuburana mukagera mu Rukiko rw'Ikirenga? Kuki umwana/abana umugabo n'umugore babyaranye bagomba kwirirwa bababurana mu rukiko kandi ari ababo?" - Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantagazwa Domitilla.
HAKUZWUMUREMYI Joseph46,041 просмотров • 21 дней назад

YAREZE ABANTU BARENGA 5 MURI RIB!!! ==== Ikibazo cya Dj Sonia uvuga ko amaze imyaka itatu asaba ubutabera ariko ntabuhabwe, giteye gite? ⬇️ Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, DJ Sonia ni umwe mu bakomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga, aho bivugwa ko yasambaniye mu musarani wo mu kabari yariho avangiramo imiziki, ibintu yamaganye yivuye inyuma. Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakazwa amakuru y’uko mu mpera z’icyumweru gishize, uyu muhanga mu kuvanga imiziki yasambaniye mu bwiherero bw’akabari gaherereye mu Karere ka Kicukiro. Mu majwi yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, byavugwaga ko DJ Sonia yasambanye n’umwe mu bagabo b’abakire wategetse umwe mu bashinzwe umutekano (bouncer) we kurinda ubwiherero bw’abakobwa, aba bombi ngo biheragamo akabyizi mu gihe kingana n’iminota irenga 40. Aya majwi yavugaga ko muri icyo gihe nta mukobwa wari wemerewe gukoresha ubwo bwiherero bwarimo uwo mugabo na DJ Sonia. BIRAHAGIJE - Sonia nyuma yo kuburirwa -------------------------------------------- Nyuma y’ibyavugwaga byose, DJ Sonia yasangije abamukurikira amajwi y’umusore umuburira kwirinda abantu bashobora kuzamugirira nabi amubwira ko hari abantu biteguye kubikora. Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, DJ Sonia wari wababajwe bikomeye n’ibyamuvuzweho yagize ati "Yoo! Mbese ibintu bigeze kuri uru rwego koko? Biratangaje! Kumparabika ntibyabahagije, none murashaka no kungirira nabi? Mwamaze igihe kinini munsebya no kwangiza izina ryanjye, nkabirebera nkicecekera kuko numvaga bidakwiye kuntesha umwanya. Ariko ibyo murimo gukora ubu, ntabwo nzabirebera. Birahagije rwose!" Amaze igihe asaba ubutabera ndetse yareze abantu barenga 5 muri RIB ------------------------------------ Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, DJ Sonia yatangaje ko ikibazo cyo gusebwa no guharabikwa atari icy'ubu. Avuga ko kimaze imyaka ine, kandi ko muri icyo gihe yakomeje kwitabaza inzego z'ubutabera. Africans& Diaspora Yasobanuye ko kuva mu 2023 kugeza uyu mwaka wa 2026 yatanze ibirego bitandukanye muri RIB, ariko kugeza ubu ngo nta gisubizo afata nk'igihagije yigeze abona. Yagize ati: "Ibintu byose bagiye bamvugaho narabitangaga muri RIB. Nabonye ko bimaze gukomera, ni bwo natangiye no kubivuga ku mugaragaro kugira ngo abantu bamenye ibyo ndi kunyuramo." Akomeza avuga ko bamwe mu bantu bakekwaho kumusebya yabashyikirije RIB, ariko akavuga ko kugeza ubu atarabona ko bakurikiranwa nk'uko abyifuza. Ati: "Hari abo najyanye muri RIB, ariko sinigeze mbona bakurikiranwa. Ubu ndasaba ko ibyo birego byakurikiranwa kuko ibintu bimaze gufata indi ntera, kugeza aho banshyiraho n'ibikangisho." DJ Sonia avuga ko abantu bakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa barenga batanu. Yagize ati: "Kuva muri 2023, 2024, 2025, na 2026, ntabwo abantu bari babizi ariko narabikoraga nagiye muri RIB, natanze ibirego bigera kuri bitatu, niyo mpamvu aha ngaha mvuze ngo ndambiwe gukomeza kubikora mu bwiru, niyo mpamvu mvuze ngo reka nze mbishyire ahagaragara mubibone mwumve ko hari ikintu nakoraga, n'ubwo nta kintu cyavuyemo. Ariko abantu ni benshi, ni abantu barenga batanu (5)." Ibi bihanwa n'amategeko y'u Rwanda? ----------------------------------------- Itegeko nº 60/2018 ryo gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga riteganya ibihano ku muntu uhoza undi ku nkeke cyangwa akamukurikirana akoresheje ikoranabuhanga (Cyber-stalking). Iyo icyo cyaha gihamye, uwagikoze ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y'amezi atandatu n'imyaka ibiri, ndetse agacibwa n'ihazabu iri hagati ya miliyoni imwe na miliyoni ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda. Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) na rwo rwagiye rugaragaza ko gukoresha imbuga nkoranyambaga mu gusebya abandi cyangwa gukwirakwiza amakuru atizewe hagamijwe gushaka ababakurikira (followers) cyangwa ubwamamare (views), bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw'ababikorerwa kandi bigahanwa n'amategeko. Wowe #UbyumvaUte
HAKUZWUMUREMYI Joseph49,559 просмотров • 28 дней назад

Ariko tuvuge ibintu dusubire ibindi, impungenge za Yvonne zifite ishingiro! Ibi bintu abantu bihaye byo kuvuga nabi Ikinyarwanda biramutse bikomeje, ubu noneho mu myaka 10 iri imbere byaba bimeze bite? 😕 Nk'umuntu uvuga ngo mpita ndagenda, mu by'ukuri ni uko aba atazi kuvuga neza Ikinyarwanda, cyangwa ni bimwe ab'iki gihe basigaye bitiranya n'ubusirimu?!
HAKUZWUMUREMYI Joseph39,102 просмотров • 23 дней назад

Shaddyboo yakiriye agakiza ===== Umunyamideli Mbabazi Shadia, uzwi cyane nka Shaddyboo, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gutangira ubuzima bushya nyuma yo kwakira agakiza, avuga ko Imana yamukuye mu buzima bwari bwuzuyemo urujijo, ububabare n’ingeso zitari zimwubakiye. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Nyakanga 2026, Shaddyboo yavuze ko ashaka gusangiza abantu urugendo rwe kugira ngo rubere abandi urugero rw'uko impinduka zishoboka. Yavuze ko abantu benshi bakimwibukira ku buzima yahoze abamo n'uburyo yigaragazaga ku mbuga nkoranyambaga, ariko ashimangira ko uwo muntu atakiri we, kuko ubu afite icyerekezo gishya cyubakiye ku kwizera Imana. Yasobanuye ko ashobora kongera gusangiza abantu amwe mu mafoto cyangwa amashusho ye ya kera, ariko atagamije kuyasubiramo cyangwa kuyamamaza. Ahubwo yavuze ko ashaka kwerekana ko umuntu ashobora guhinduka, kabone n'iyo yaba yaranyuze mu bihe bikomeye. Shaddyboo yavuze ko yabayeho igihe kinini yumva yazimiye, ashakira amahoro mu bintu bitashoboraga kuyamuha. Yagaragaje ko yari afite ibikomere n'urujijo, ariko ko kwakira Imana ari byo byamufashije kongera kubona icyizere n'intego y'ubuzima. Yashimangiye ko impinduka yabonye atari izatewe n'imbaraga ze bwite, ahubwo ko azikesha ubuntu bw'Imana bwamuhinduriye ubuzima. Yavuze ko niba yarashoboye guhinduka, n'abandi bafite amahirwe yo gutangira ubuzima bushya. Komereza aha:
HAKUZWUMUREMYI Joseph46,887 просмотров • 1 месяц назад

Umuco wo gusaba imbabazi ni mwiza tuwimakaze 👏🏾👏🏾 Umunyamakuru Kazungu Kaboss uherutse kubabarirwa na Dj Sonia, yongeye kumusaba imbabazi ku mugaragaro, asaba imbabazi n'abandi bose yaba yarakozeho 'content' zitari nziza agendeye mu kigare, agira n'inama bagenzi be bahuje umwuga. Mu butumwa bwe yagize ati: "Nongeye kwisegura ndetse nsaba imbabazi Dj Sonia kugira ngo ambabarire na none ku bwa 'content' nakoze kubera ibyamuvugwagaho, nkabyongeramo umunyu nkabyongeramo ikirungo, nkakora 'reposts,' ambabarire rwose ku bw'ibihuha byose byamuvugwagaho ntazi iyo biva ntazi iyo bijya. Byose mwabonye njye navugaga byari ibihuha nta n'ubwo nari mbihagazeho."
HAKUZWUMUREMYI Joseph26,363 просмотров • 21 дней назад

Umuvugizi wa WASAC, Bimenyimana Robert, yavuze ko igiciro cyemewe cy'ijorikani y'amazi ya litiro 20 kiguma ari Frw 20, asaba abahendwa gutanga amakuru. Yagize ati: "Icy'uko hari abantu babona amazi ku 1000 Frw/ 500 Frw cyo natwe turacyumva, ariko iyo tugikurikiranye, dusanga atari uko amazi yaguzwe 1000 Frw ku ivomo rusange, ahubwo ni uko wa muntu ufite igare mwavuganye, biraterwa n'uko wowe mwabashije kuvugana. Ni ukuvuga ngo we aragera ku ivomo rusange ayagure 20 Frw, narangiza akubwire ati urugendo nakoze, kugenda no kugaruka, ibyo ni ubwumvikane buba hagati y'uzana amazi ku igare n'uwo yavomeye. [...] Ibyo ngibyo ntabwo tubyivangamo." Abajijwe niba byemewe kugurisha amazi mu rugo, Robert yavuze ko bitemewe. Ati: "Oya mu ngo zabo ntabwo byemewe. Amazi nta muntu wemerewe kuyagurisha mu rugo. Urugo rw'umuntu ntabwo ari rwo rugurisha amazi. Ariko ayafite utayafite, yayaguha." Ibi ni ibyo yatangaje mu kiganiro yagiranye na Royal FM.
HAKUZWUMUREMYI Joseph17,896 просмотров • 18 дней назад